KOMITE NYOBOZI ZA NCPD KU RWEGO RW’IMIRENGE N’UTUGARI MU MUJYI WA KIGALI BAHUGUWE KU NSHINGANO ZABO

Aya mahugurwa, yahawe abagize Komite z’Inama y’Igihugu y’abantu bafite Ubumuga. Agamije kongerera ubushobozi Abantu bafite Ubumuga bagize Komite Nyobozi za NCPD ku rwego rw’Utugari n’Imirenge yo mu turere twose tw’Umujyi wa Kigali.

Abitabiriye aya Mahugurwa bahuguwe ku nshingano za Komite Nyobozi za NCPD, ubuyobozi bwiza bubereye abaturage n’uburenganzira bw’Abantu bafite Ubumuga. Abahuguwe batangaza ko amahugurwa nkaya yari akenewe cyane kuko yabafashije kwibuka ibikubiye mu nshingano zabo, uburenganzira bwabo n’uko bakwiriye kwitwara imbere  y’Abaturage bafite ubumuga  bahagrariye  mu tugari n’Imirenge.

BAHUGUWE KU NSHINGANO ZABO

Abari mu mahugurwa bavuze ko mbere yaya  mahugurwa batari bazi ko gukusanya amakuru n’imibare y’abantu bafite  ubumuga mu kagali  batuyemo biri mu nshingano zabo, bishimiye ko amahugurwa  bahawe yabibukije  uburenganzira bwabo. Ati” Batubwiye ibitwubaka, twiyumvisemo ubumuntu, twibukijwe kandi n’uburenganzira twemererwa n’amategeko, ubu twavuye mu bintu tujya mu Bantu, tuva mu bikoni tujya mu mashuri, twavuye mu bwigunge tujya muri siporo,. Kuva izi komite zatorewe mu mwaka wa 2016 nibwo bwa mbere bahuguwe, bakaba rero biyemeje gushyira mu bikorwa ibyo bamaze guhugurwa.

 Ahera abasaba gushyira mu bikorwa ibyo bize. Agira ati” Kuko  basanzwe ari abayobozi, aya mahugurwa yabateguriwe mu buryo bwo kwiyibutsa, twumva umunsi umwe atangwa mo uhagije, ahubwo turabasaba gushyira mu bikorwa ubumenyi bahawe kuko hari aho usanga inzego zidakora neza zigaharira akazi  umuhuzabikorwa kandi abo bakorana baba bakwiriye gukora bakamuha raporo nawe agahuza ibyakozwe, nawe icyo tumusaba ni uko aba akwiriye kubaha inshingano, twe rero nka NCPD, tuzakomeza kubaha amahugurwa no mu bindi bikorwa  nk’ibijyanye no kubazamura mu gucunga neza igishoro”   

Bwana TUYIZERE Oswald, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kubaka Ubushobozi bw’Abantu bafite Ubumuga yasabye  inzego zibanze gukora na komite z’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga kuko igenwa n’itegeko nshinga. Inzego zibanze zikaba arizo zikorana n’izi nzego zatowe.