GISAGARA: NCPD YAGIRANYE IBIGANIRO N’EJO HEZA, TWISUNGANE, JYA MU BANDI, N’ABISUNZIMANA

Igikorwa cy’isanamitima ku babyeyi bafite Abana bafite Ubumuga kirakomeje mu matsinda yabo; cyateguwe   mu rwego rw’isanamitima y’Ababyeyi babo bana, ubuvugizi no gushakira imibereho myiza Abana bafite Ubumuga. Abakozi b’ Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga(NCPD) bakomeje kwegera amatsinda n’amakoperative y’ababyeyi b’Abana bafite Ubumuga, ubu basuye abo mu Karere ka Gisagara bibumbiye  mu matsinda akurikira: EJO HEZA, TWISUNGANE , JYAMUBANDI N’ABISUNZIMANA. Ubusanzwe abagize aya matsinda bahurira hamwe bagasangira ubuzima barimo, binyuze mu buhamya no gukora imirimo itandukanye  yo kubateza imbere , gukusanya amafaranga binyuze mu matsinda bakagura amatungo magufi bakayaha abanyamuryango, bagakora n’ubuhinzi. Aya matsinda kandi yakanguriwe gutera intambwe akagera ku rwego rw’amakoperative.  Ubwo bari mu biganiro Abakozi b’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) bashishikarije ababyeyi baje mu  biganiro ko ikigamijwe ari ukugirango ababyeyi babashe kwiyakira no kwakira abana babo bafite ubumuga babarerera neza  bikazabafasha  gukora ibikorwa bibateza imbere  ndetse bigateza n’abana babo bafite Ubumuga  imbere, ku buryo mu minsi  iri mbere bazigirira akamaro ndetse bakakagirira n’igihugu.

HARI BAMWE BAGIPFOBYA ABAFITE UBUMUGA

Ababyeyi bo mu Karere ka Gisagara baje muri ibi biganiro,bavuga ko hari igihe usanga abana bafite ubumuga bahohoterwa  n’abandi bana, iyo bahuriye na bo mu nzira bakabashotora kubera ko usanga , akenshi baba badafite imbaraga zingana nizo bafite , byongeye kandi ni uko hari n’abakuru usanga bakivuga amagambo apfobya Abantu bafite Ubumuga babita ibintu. Bwana Nkurayija Marcel afatanije na Madamu Uwamariya Florentine abakozi bo muri NCPD, bakaba bavuze  ko  ibikorwa nk’ibi  bitesha agaciro abafite ubumuga, hari amategeko ateganya ibihano kubatesha agaciro abantu bafite Ubumuga, bakomeza bavuga ko uburenganzira bw’Abantu bafite ubumuga mbere na mbere bugomba guharanirwa n’abo ubwabo. Ikindi ni uko ubukanguramba bwo guha agaciro Abantu bafite Ubumuga,  ari  urugendo rugikomeza bityo rero buri wese akaba asabwa gukora ubu buvugizi.

KUJYA MU MATSINDA BYABABAYE INZIRA YO GUSOHOKA MU BWIGUNGE 

Ababyeyi bari muri aya matsinda bavuga ko  nyuma yo kwihuriza hamwe mu matsinda, habayeho guhumurizanya ndetse no kuganira uburyo bwo  kurera abana bafite ubumuga babyaye, bivugira ko   bagendeye ku bunararibonye babonye ko hari abafite ubumuga barezwe neza bateye imbere, bityo bakaba bafashe umwanzuro w’uko bazakomeza kurera aba bana nkuko barera abandi. Ibiganiro by’ubukangurambaga n’isanamitima bikaba bizakomereza no mu y’andi matsinda ari hiryo no hino mu Rwanda.