BAHATI ALEX NA MADAMU TUMUSIIME SHARON NIBO BAZAHAGARIRA ABAFITE UMUGA MU NTEKO Y’AFURIKA Y’IBURASIRAZUBA

Nyuma   y’uko Dr NDAHIRO  James wari   Depute uhagarariye  Abafite Ubumuga   mu Nteko y’Afurika  y’Iburasirazuba(EALA)  arangije  manda ze ebyiri zitegenywa n’amategeko ,kuri uyu wa kane  tariki ya 11 Gicurasi 2017, mu Rwanda habaye amatora  y’abazahagarira Abantu bafite Ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko y’Afurika y’Iburasirazuba hiyamamaje abakandinda   batatu aribo Bahati Alexis ,Tumusiime Sharon na Mukarwego  Betty. Muri aba bakandida   hatowemo   babiri aribo: Bahati Alexis na Tumusiime Sharon bashyikirijwe  Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda ,hanyuma  ikazatoranyamo umwe  uzahagarira Abantu bafite Ubumuga  mu nteko ya  EALA. Ubwo biyamamazaga bavuze imigabo n’imigambi yabo , Bwana Bahati yavuze ko mu byo azakora natorwa  azihutisha gushyira ikigega kizateza imbere Abantu bafite ubumuga, gushyira mu bikorwa ibikubiye muri SDGs biteza imbere imibereho myiza y’Abantu bafite ubumuga, kumenya aho umuntu wese ufite Ubumuga aherereye no kumugezaho ibyo yemererwa n’amategeko.Tumusiime Sharon yijeje abatora  ko bamugiriye ikizere yazazamura imibereho myiza y’Abantu bafite hashyirwaho  ibigo n’amavuriro  yo kuvura PWD. Mukarwego Betty yavuze ko azateza imbere  ubwisanzure mu ngendo hakoreshejwe indangamuntu muri EAC yose , gukora ubuvugizi hagashyirwaho National Council muri Soudan y’Amajyepho n’Uburundi , ndetse no guteza imbere uburezi budaheza hashakwa   abarimu bafite ubunararibonye mu burezi  budaheza bazava mu bindi bihugu by’Afurika y’Iburusirazuba. Mu rwego rw’ubukungu yavuze azaharanira ko hazakoreshwa ifaranga rimwe muri EAC.

AGASHYA KABONETSE MU MATORA NI INYANDIKO Y’ABATABONA YAKORESHEJWE MU GOTORA

Ni ubwa mbere mu mateka y’ u Rwanda Abafite Ubumuga bwo kutabona batoye mu ibanga  kuko bakoresheje inyandiko y’abatabona  kuko ubusanzwe bifashishaga umwana uri munsi y’imyaka 18 cyangwa se undi muntu ufite ubumuga yihitiyemo. Muri aya matora kandi basabye buri wese kuzashishikariza buri mu Nyarwanda wese kuzagira uruhare mu matora ya Perezida wa Repubulika bafasha abanyantege nke kugera aho matora azabera nkuko bisanzwe mu muco Nyarwanda wo gufasha abanyantege nke.