Inama y’Igihugu y’abantu bafite Ubumuga (NCPD) ifatanije n’Itorero ry’Abadiventesti b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda ku bufatanye n’Ishami ryita ku bantu bafite ubumuga ryo mu itorero ry’Abafite Ubumuga ku isi (Special needs Ministries Departments of the General Conference of Seventh day Adventists Church) bateguye umwiherero w’abantu bafite ubumuga urimo kubera mu Karere ka Rubavu mu gihe cyingana n’iminsi umunani. Uyu mwiherero watangiye tariki 10 Kanama 2018 ukazarangira tariki ya 18 Kanama 2018. Mu kiganiro cyatanzwe na Bwana Tuyizere Oswald Umuyobozi w’Ishami ryo kubakira ubushobozi Abantu bafite Ubumuga muri NCPD yabwiye abari muri aya mahugurwa ko politike ya Leta y’u Rwanda mu kurengera Abantu bafite ubumuga ishingiye ku ngingo ziboneka mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, igashingira na none kuri gahunda y’imbaturabukungu aho usangamo ingingo zivuga ko kwita ku bantu bafite Ubumuga ari inshingano za buri mufatanyabikorwa wese, nk’amadini, inzego za Leta,, abikorera,, … Abafite Ubumuga kandi bagomba gukurirwaho imbogamizi mu burezi,, mu bikorwa remezo,, mu ikoranabuhanga.,… Dr Lary Evans Umuyobozi w’Ishami ryo kwita ku bantu bafite Ubumuga mu Itorero ry’Abadiventesti ku rwego rw’isi yabwiye abafite ubumuga bitabiriye uyu mwiherero ko kuba bafite Ubumuga atari iherezo ry’ubuzima bwiza ko ahubwo bagomba guhora bashakashaka uburyo bwo kugira imibereho myiza, kubera ko kuva Adamu yakora icyaha, umwana w’umuntu azajya arya yiyushye akuya, yakomeje avuga ko n’Imana ibabarana n’abantu bafite Ubumuga, kuko ubwo Yesu yari ku isi nawe ubwo yahuraga n’abafite ubumuga yarabakizaga.. Uyu mwiherero witabiriwe n’Abantu bafite ubumuga butandukanye 403. Abafite ubumuga baturutse mu gihugu hose. Abitabiriye umwihehero muri iyi minsi yose, bahabwa amasomo y’Ivugabutumwa bakigishwa kandi amasomo agendanye n’imibereho myiza y’Abantu bafite Ubumuga harimo uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, indyo yuzuye, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa Abantu bafite Ubumuga, uburenganzira bw’Abantu muri rusange by’umwihariko uburenganzira bw’Abantu bafite ubumuga,, kwirinda no kurwanya icyorezo cya SIDA, politike ya Leta y’u Rwanda ifitiye abantu bafite ubumuga, bakingiwe indwara y’umwijima. Ubwo yasozaga ikiganiro cye Bwana Tuyizere Oswald yakanguriye abantu bafite Ubumuga gutekereza ibyo bakora kugira ngo batere intambwe bazamure imibereho yabo ugereranije n’iyo bari basanganzwe bafite.