UBWO HIZIHIZWAGA UMUNSI W’UMURIMO , UBUVUGIZI BWO GUSHAKIRA UMURIMO ABAFITE ABANTU BAFITE MU NGANDA ZITUNGANYA BWAKOMEJE KAWA BWAKOMEJE

Igikorwa cyo gukorera ubuvugizi Abantu bafite ubumuga ngo bazahabwe akazi mu nganda zitunga cyakomereje mu karere ka Rutsiro na na Rubavu kuri uyu wa 1 Gicurasi 2018 kikaba cyahuriranye no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’umurimo. Ubuvugizi bwakorewe mu nganda za COOPAC Nyamwenda CYEBUMBA COFFEE Washing Station, KIVU COFFEE Washing Station, CYONDO COFFE Washing Station,RWACOF NYAMYUMBA, COOPAC LTD, SDL KABILIZI, RWACOF, Rwinyeri. Ubwo  hasurwaga izi nganda zitunganya kawa hari aho usanga barahaye akazi abantu bafite ubumuga nko muri RWACOF Rwinyoni bahaye akazi umuntu 1 ufite ubumuga, COOPAC LTD bahaye akazi 3, RWACOF NYAMUMBA 3, CYONDO  COFFE Washing Station umuntu umwe, COOPAC Nyamwenda 1, naho  izi nganda zasuwe  nta muntu ufite ubumuga zahaye akazi. ubwo Bwana Nyilimigabo Thierry Umukozi  mu Nama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga  yabazaga impamvu nta muntu ufite ubumuga bahaye akazi bamwe basubije ko bari bazi ko abantu bafite ubumuga  bataje gusaba akazi abandi bavuga ko batari bazi ko abafite ubumuga badashobora gukora akazi. Bwana Nyirimigabo yakomeje asobanurira abayobora izi nganda ko bitewe n’icyiciro  cy’ubumuga umuntu afite,  ashobora gukora akazi  gatandukanye mu nganda zitunganya ikawa, kubera ko ufite ubumuga ashobora gusoroma, kuronga, gutonora, kwanika, gutoranya kawa ….,  yakomeje asaba  abayobozi b’izi nganda ko  mu gihe habonetse ufite ubumuga uje gusaba akazi bamuha ako ashoboye gukora  bitewe n’ubumuga afite. Inganda zose zimaze gusurwa zikaba zemeye ko ubwo kawa zizongera kwera zizaha abafite ubumuga Abafite ndetse bakaza mu mbere bazahabwa amahirwa.