MU NAMA RUSANGE YA 8 ABAHUZABIKORWA BA NCPD BASABWE KUZUZA INSHINGANO BATOREWE

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Kamena 2018, i Kigali hateraniye Inama Rusange ya 8 isanzwe ku rwego rw’Igihugu. Iyi nama iba rimwe mu mwaka, ikaba yitabirwa n’abagize komite Nyobozi ya NCPD ku rwego rw’Igihugu, Umujyi wa Kigali, Intara ndetse n’uturere. Nyuma yo kubona ko hari bamwe mu bahuzabikorwa ba NCPD badatanga raporo Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC Madamu Alvera Mukabaramba yongeye gusaba ko nubwo ari abakoranabushake bagomba kuzuza inshingano zabo bitaba ibyo bakegura. Yabwiye abahuzabikorwa ko gukorera Abantu bafite Ubumuga biri mu nshingano batorewe. Iyi nama yafunguwe ku Mugaragaro na Honorable Rusiha Gaston, yashimiye abitabiriye inama akomeza kubasaba gutanga ibitekerezo bizateza imbere imibereho myiza y’abantu bafite Ubumuga babatoye, naho mu ijambo ry’ikaze rya Perezida w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga Bwana Niyomugabo Romalis yongeye guhamagarira abitabiriye inama kunoza imikoranire n’inzego zose zitandukanye hagamijwe kubaka igihugu twifuza. Kubigendanye n’Ishyirwa  mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inama rusange ya 7 yabaye ku wa 09/06/2017, Bwana NIYOMUGABO Romalis yabwiye abari mu nama ko imyanzuro imaze kugerwa ku kigereranyo gishimishije  kandi ko hari icyizere cy’uko imyanzuro  izashyirwa mu bikorwa 100% kuko hari ibindi bigikorwa. Ku bigendanye nuko ingengo y’Imari yakorejwe ushinzwe Imari  n’ubutegetsi muri NCPD Bwana Rugemitwaza Jerome yeretse abari mu nama uko ingengo y’imari yakoreshejwe basanga kugeza ubu ingingo y’Imari  imaze gukoreshwa kuri 81% abari mu nama babajije impamvu igengo y’Imari itakoreshwejwe  100%, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCPD wa asubiza ko hari impamvu amafaranga atarakoreshwa yose ari uko hari  abatarazana inyemezabuguzi  ku buryo ikoreshwa ingengo y’imari riziyongera. Muri iyi nama kandi Umunyamabanga Nshingwa wa NCPD yabwiye abari mu nama ko mu mwaka w’ingengo y’Imari  wa  2017-2018, uzarangwa n’ibikorwa byo kongerara  imibereho myiza y’Abantu bafite Ubumuga, gusubiza mu ishuri abantu bafite ubumuga bayavuyemo, gutanga insimburangingo n’inyunganirango, gukurikirana igikorwa cy’amatora y’abagize Inteko ishingamategeko, gutera inkunga amakoperative, gushakira  akazi abantu bafite ubumuga mu nganda zitunganya ikawa, kwizihiza IDPD. Ubwo yasozaga inama Umunyamabanga wa Leta mri MINALOC Madamu Alvera MUKABARAMBA yasabye abahagarariye Abantu bafite Ubumuga bo mu mujyi wa Kigali gukurikirana Abantu bafite Ubumuga bahawe insimburangirangingo n’inyunganirangingo  bakaba barazigurishije bakazakomezwa kwigishwa bakareka ibikorwa byo gusabiriza. Yashimiye abahuzabikorwa  ba NCPD ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba bakorana umwete kubera ko batangira raporo ku gihe, hanyuma asaba abandi bahuzabikorwa bo  mu Ntara y’Amajyepfo, Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali gutangira raporo ku gihe. Yongeye gusaba abahuzabikorwa kwihutisha itangwa ry’amakarita y’Abantu bafite Ubumuga akiri ku mirenge ataragera kuri ba nyirayo.